Soma ibirimo

20 KAMENA 2019
MEGIZIKE

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo “Urukundo ntirushira!” ryabereye i Monterrey, muri Megizike

Ikoraniro mpuzamahanga rifite umutwe uvuga ngo “Urukundo ntirushira!” ryabereye i Monterrey, muri Megizike
  • Itariki: 7-9 Kamena 2019

  • Aho ryabereye: Sitade iri mu mugi wa Monterrey muri Megizike

  • Indimi: Icyongereza, Ururimi rw’amarenga rwo muri Megizike n’Icyesipanyoli

  • Abakurikiranye ikoraniro bari ahandi: Ahantu 38 mu bihugu 6 (Kosita Rika, Gwatemala, Hondurasi, Megizike, Nikaragwa na Panama)

  • Abateranye: 39.099

  • Ababatijwe: 393

  • Abaje baturutse mu bindi bihugu: 4.682

  • Ibiro by’Abahamya byatumiwe: Arijantine, Burezili, Esipanye, Kolombiya, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Paragwe, Peru, u Bufaransa, u Buholandi, u Butaliyani n’u Buyapani

  • Inkuru z’ibyabaye: Roberto Valero, wungirije meya w’umugi wa Guadalupe, yasuye ahabereye ikoraniro ku wa Gatandatu. Icyo gihe yaravuze ati: “Guverinoma yacu iharanira kubungabunga umutekano w’abantu n’amahoro yabo. Kandi mwe Abahamya ba Yehova, mubigiramo uruhare kuko muri abaturage beza. Abatuye umugi bose na bo barabizi.”

 

Abavandimwe na bashiki bacu bakira abashyitsi ku kibuga k’indege mpuzamahanga cya Monterrey

Abashyitsi bageze aho ikoraniro ribera; bitegeye umusozi wa Silla, ugaragara hakurya ya sitade

Umuvandimwe Mark Sanderson, wo mu Nteko Nyobozi, atanga disikuru isoza ku wa Gatanu

Umuntu ubatizwa ku wa Gatandatu

Abateranye bateze amatwi inyigisho zo mu ikoraniro

Abari mu murimo w’igihe cyose wihariye bapepera abateranye ku munsi wa nyuma w’ikoraniro

Umuryango wo mu mugi wa Apodaca muri Megizike, ufite icyapa cyanditseho ngo: “Turabakunda”

Umushyitsi na mushiki wacu wo muri Megizike babwiriza mu mugi wa Monterrey

Abashyitsi bishimiye imbyino yo mu majyaruguru ya Megizike

Bashiki bacu babyina imbyino gakondo yo muri Megizike